Assoc. Prof. Irenee Ndayambaje retweetledi

Kuri iki cyumweru cya kane cya Pasika, Kiliziya irahimbaza icyumweru cy'umushumba mwiza. Ni icyumweru Kiliziya isabira ko hakomeza kuboneka abiyegurira Imana kugira ngo bakomeza gukora ubutumwa mu ishusho ya Kristu umushumba mwiza ukomeza gukenura ubushyo bwe muri Kiliziya.
Kuri iki cyumweru, hirya no hino mu maparuwasi hakorwa ibikorwa bitandukanye bigamije gushishikariza urubyiruko kwiyegurira Imana kugira ngo mu bihe bizaza Kiliziya izakomeze kugira Abiyeguriyimana: Abapadiri, Abikira n'Abafurere benshi kandi beza.
Imibare igaragaza uko ukwemera Gatolika kwifashe ku isi, imibare ya 2025, igaragaza ko n'ubwo abakristu Gatolika bakomeje kwiyongera, Abapadiri n'abiyegurira Imana muri rusange bagenda bagabanuka.
Urugero ni nk'imibare y'abapadiri yagabanutseho 734 ugereranyije n'imibare y'umwaka wa 2024. Naho Ababikira bakagabanukaho 9730. Ni mu gihe Abafurere bo bagabanutseho 660.
Kugera ubu aho bigaragara ko Abapadiri n'Abihayimana biyongera ni muri Afurika no muri Aziya ari na cyo gisobanura ikintu kigaragara muri iki gihe cy'ubwinshi bw'abapadiri n'Abiyeguriyimana bo kuri iyi migabana bakorera ubutumwa i Burayi no muri Amerika aho imibare y'Abiyeguriyimana igenda igabanuka buri mwaka.
Ngo inkoni ikubise mukeba uyirenza urugo. Uko Ibihugu byakataje mu majyambere bigenda bitera umugongo ubutumwa bwo gukorera Imana ni na ko n'ino, ejo ejo bundi n'ino byahagera. Birakwiye ko abakristu bakomeze kugira uruhare mu gufasha Kiliziya kugira abiyeguriyimana kugira ubutumwa bwa Yezu bwo gukenura intama ze buzakomeze kugenda neza no mu bihe bizaza.
Yezu ati " Imirima yeze ni myinshi ariko abasaruzi ni bake, musabe rero nyirimyaka yohereze abasaruzi mu mirima ye". (LK10,2)


Filipino


































