
RWAMAGANA: UMUSORE YABUZE KU MUNSI W'UBUKWE BWE
Umusore w’imyaka 26 wo mu Karere ka #Rwamagana wari waburiwe irengero ku munsi w’#ubukwe bwe yongeye kuboneka ari muzima, agarukana n’umugore bari bagiye kubana ndetse bahita banibanira.
Yari yarabuze kuva mu rukerera rwo ku wa 2 Gicurasi 2026, ibintu byateye impungenge abari bamutegereje mu bukwe ndetse n’abaturanyi bo mu Murenge wa Mwulire, Akagari ka Bishenyi.
Ubukwe bwari bwateganyijwe kubera muri Regina Pacis Rambura mu Karere ka Nyabihu.
Abari bamuherekeje bavuga ko bamubuze kuri #telefone kandi n’aho yabaga batamubonayo, nyamara imodoka zo kujya mu bukwe zari zamaze kuhagera.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwulire, Rugengamanzi Steven, yabwiye IGIHE ko uwo musore yagarutse iwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere ari muzima kandi nta kibazo afite.
Nyuma gato #umugore bari bagiye gushyingiranwa na we yahise ahagera azanye n’ibikoresho byo kubaka urugo rushya.
Amakuru avuga ko mbere yo kubura yari yabwiye umugeni ko yumvaga hari abantu bitambitse mu bukwe bwabo badashaka ko buba.
Hari abakeka ko yabuze ubushobozi bwo gukora ubukwe, yanga gufata ideni, ahitamo kubwihorera ku munota wa nyuma, kugira ngo azabane n'umugore we dore ko bari baramaze gutera igikumwe ku murenge.

Indonesia






















