Sam Kabera

20.9K posts

Sam Kabera banner
Sam Kabera

Sam Kabera

@SamKabera

Rwandan Journalist,@VOICE_FM_RWANDA Former Chief Editor at @atv_rwanda , https://t.co/d0kqvmueWs Advocacy, Accountability, Education WhatsApp (+250) 788235083

République du Rwanda Katılım Mart 2015
7.8K Takip Edilen14.7K Takipçiler
Sam Kabera
Sam Kabera@SamKabera·
Nyabihu: Umunyeshuri yakuyemo inda y'amezi 7 ====================== Amakuru y’umunyeshuri wakuyemo inda, ndetse ikamugwa nabi, yamenyekanye ahagana saa yine na mirongo itatu n’ine (22h34) z’ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki 18 Werurwe 2026. Byabereye ku ishuri rya Kibisabo TSS, riherere mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Rambura, mu Kagari ka Kibisabo. Abatuye mu gece icyo kigo giherereyemo bavuga ko abashinzwe imiyitwarire y’abanyeshuri (Animateur na Animatrice), bahise batabwa muri yombi, uwo munyeshuri w’imyaka 20 agahita ajyanwa kwa muganga kugira ngo yitabweho. Mu kiganiro BURAKEYE cya KT Radio, Umuyobozi w’ishuri Kibisabo TSS, Ntamugabumwe Faustin, yemeje aya makuru, ati: “Ni byo koko, uyu munyeshuri wari mu wa 6 wisumbuye, mu Ishami ry’ubuvuzi bw’amatungo, yararaga hejuru ku gitanda kigerekeranye, nta na rimwe yagaragaweho ikimenyetso cy’uburwayi cyangwa utwite, bavuye muri etude (mu gusubiramo amasomo), bagenzi be bahuruje bavuga ko uwo mukobwa ari gutaka cyane kubera imihango”. Ntamugabumwe akomeza agira ati: “Muganga ahageze azi ko agiye kumujyana kwa muganga bisanzwe, asanga amaraso menshi ndetse duhita tubona indobo mu bukarabiro, yarimo uruhinja atwikirizaho imyenda, ariko mu kurukangura basanga rwapfuye. Muganga yihutiye gutabara uwo munyeshuri kuko yari afite ikibazo cy’ingobyi ya nyuma yari itarasohoka, bamufasha kuyikuramo maze ajyanwa kwitabwaho ku Kigo Nderabuzima cya Birembo, uruhinja rujyanwa mu buruhukiro”. Uyu munyeshuri bivugwa ko yakuyemo inda, akomoka mu Murenge wa Shyira, Akagari ka Mutanda. Uyu muyobozi ahamya ko batunguwe no gusanga atwite, kuko atigeze akorora, nta gicurane cyangwa ubundi burwayi, ndetse ko n’ababyeyi be ubwo bari bamaze kubimenyeshwa batunguwe, cyane ko ubwo yari mu biruhuko by’igihembwe cya mbere nta wamenye ko atwite, gusa bihutiye kuza kumurwaza aho ari kwa muganga. Ibisa nk’ibi byabereye kandi mu ishuri ryisumbuye rya G.S Camp Kigali riherereye mu Karere ka Nyarugenge, aho umunyeshuri w’imyaka 16 wigaga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye (S4 HGL) abyariye mu kigo cy’ishuri nta n’umwe wari warigeze abikeka mu kigo cyangwa ababyeyi be. Mu butumwa bw’uyu muyobozi, yagaragaje ko hari ingamba bagiye gufata zirebana no gukurikirana ubuzima bw’abanyeshuri. Ati: “Tugiye gufata ingamba zo gukurikirana umunota ku munota nibiba ngombwa tujye tubapimisha inda bagitangira igihembwe, kugira ngo tumenye ubuzima bwabo”. Imibare y’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare (NISR), mu bushakashatsi bwa DHS 7 buheruka bwerekanye ko mu mashuri yisumbuye, abangavu 4% baterwa inda. @Rwanda_Edu @NESA_Rwanda @RwandaWest @NyabihuDistrict
Sam Kabera tweet media
Indonesia
5
3
1
729
Sam Kabera
Sam Kabera@SamKabera·
Amavuriro arenga 120 yo mu Rwanda agiye gufungwa ====================== Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yatangaje ko amavuriro y’ibanze adakora agiye gufungwa, agahindurirwa ibyo yakoreshwaga. Yagaragaje ko mu ibarura ryakozwe byagaragaye ko amavuriro angana na 10% by’ayo u Rwanda rufite adakora, cyangwa ari ahantu hadakwiriye, akaba agiye guhindurirwa ibyo akora. Kuri ubu hari amavuriro y’ibanze 1.294 u Rwanda rufite bivuze ko 10% by’ayo yaba ari amavuriro 129. Zimwe mu mpamvu zituma adakora harimo umubare muke w’abaganga, abaforomo n’abandi bakozi, ubuke bw’ibikorwaremezo, kuba hari ayahawe abikorera ku mpamvu zitandukanye batabasha gukomeza gukora, inyubako zikoreramo zikangirika n’ibindi. Minisitiri Dr. Nsanzimana ati: “Icyo turi gukora n’ibyo dukora, ni ukuzihindurira uburyo zakoreshwaga. Ni byinshi. Buri karere kaba gafite ibyo gateganya, hari abashobora kuhagira ECD ku bana, abashobora kuhagira aho abantu bahurira n’ibindi.” Yakomeje ati: “Kuyagira akinze adakora, usanga ari ikibazo kandi kigomba gukemuka.” Yasobanuye ko muri iryo sesengura ryakozwe hari amavuriro y’ibanze byagaragaye ko ibibazo afite byakemurwa zigakora neza kandi ko biteguye kuzifasha zigakomeza gukora neza. Yanavuze ko ibijyanye no kwishyura amavuriro y’ibanze biza ku isonga, kuyagezamo imiti n’ibikoresho ndetse no kongeramo abakozi. Yanerekanye kandi ko abakoresha RAMA na bo basigaye bemererwa guhabwa serivisi ku mavuriro y’ibanze. Minisiteri y’Ubuzima iheruka gutangaza ko ku bijyanye n’ibikorwaremezo kandi yagaragaje ko amavuriro y’ibanze 80% ari yo gusa akorera mu nyubako zabugenewe mu gihe izindi zikorera mu nyubako z’utugari cyangwa izindi zikodeshejwe. Kuri ubu amavuriro y’ibanze 562 ntabwo afite amazi atangwa na WASAC nubwo hari gushyirwa imbaraga mu guharanira ko agezwamo amazi. Hari kandi amavuriro y’ibanze arenga 200 adafite umuriro w’amashanyarazi ufatiye ku muyoboro mugari aho 35% muri yo akoresha ingufu z’imirasire y’izuba. Abivuriza mu mavuriro y’ibanze bavuye ku bihumbi 70 mu 2017 bakaba bagera kuri miliyoni enye kandi imibare ikomeje kwiyongera. MINISANTE kandi iteganya gushyiraho amavuriro mashya 100 azubakwa mu myaka itanu. Hazitabwa cyane kuri gahunda yo kureba ahakenewe ivuriro, ubusabe bw’abaturage, kuba nta rindi vuriro riri hafi yabo no kubona abakozi bashya. Hari kandi n’amavuriro y’ibanze agera kuri 420 akeneye kuvugururwa ngo ajyanishwe n’igihe.
Sam Kabera tweet media
Indonesia
2
0
2
530
Sam Kabera
Sam Kabera@SamKabera·
UBUVUGIZI ======≈== Rulindo: Bahabwa umuriro udafite imbaraga ntacyo ubamarira Bamwe mu batuye i Ntarabana @rulindodistrict batanze ubutumwa bureba @reg_rwanda, bati:" Bjr Sam, Mu Kagari ka Kajevuba mugice cya Centre y'ubucuruzi ya Taba abaturage bahatuye dufite ikibazo gikomeye cy'ibura ry'umuriro bikunze kubaho cyane bigatuma dushobora kumara umunsi wose umuriro utagarutse, ndetse niyo aba technicien ba REG bamaze gukora depanage kuri iyo Transformer iherereye muri Centre ya Taba bajya kugera iyo bajya umuriro wongeye wagiye bigasaba gutegereza umunsi ukurikira. Bityo biratubangamira kurara mu kizima, ukirirwa nta muriro, telephone zikazima, abakora business bakenera gukoresha frigo, Gusudira n'ibindi bintu bikarushaho kwangirika na bimwe mu bicuruzwa. Ni ibikoresho bya Electronics bimwe nabimwe bigenda bishya bitewe nigenda cg igaruka ry'uwo muriro bidafite gahunda. Notes: Iki kibazo kiri kuri iyo Transformer yo muri Centre z'ubucuruzi ya Taba bikekwa ko hari abayikoresha n'ibikorwa biriho byayirushije ingufu. Naho abakoresha iyo mu Rugogwe na Kajevuba mu Mudugudu bo ntakibazo baba bafite byumwihariko iki kibazo kigaragara mugihe cy'imvura. So abaturage bakeneye ubuvugizi kuri icyo kibazo kibangamiye imibereho myiza yabo. Thanks." Ibi bishobora no guha icyuho abajura! @RwandaInfra @Dr_JimmyGasore @Rwandapolice @PrimatureRwanda @RwandaParliamnt
Sam Kabera tweet media
Filipino
4
2
8
2.3K
Sam Kabera
Sam Kabera@SamKabera·
AMAKURU ======== Aba bantu ba @adeprrwanda bahamijwe icyaha cya Jenoside yakorewe abatutsi 1994 ko mbona hari abakidegembya kandi aho bari hazwi? @Rwanda_Justice
Sam Kabera tweet mediaSam Kabera tweet mediaSam Kabera tweet media
Indonesia
6
3
23
7.5K
Sam Kabera
Sam Kabera@SamKabera·
U Rwanda rufite ibyuma 48 bibika toni 5000 ku munsi z’umusaruro w’ibihingwa ngo utangirika ====================== Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) Dr Ndabamenye Telesphore yagaragaje ko u Rwanda rufite ibyuma 48 by’ikoranabuhanga byagenewe kubungabunga umusaruro w’ubuhinzi wangirika mu gihe cy’isarura, aho byitezweho kubika toni 5000 ku munsi. Yabibwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu kiganiro bagiranye, ku wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2026, cyibanze kuri raporo y’Ibikorwa by’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere by’umwaka wa 2024/2025 na gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2025/2026 Yagize ati: “Turimo kunoza ibijyanye no kubungabunga umusaruro w’ibihingwa, ibikoresho bitajyanye n’ikoranabuhanga bihindurwe.” Yavuze ko byagaragaye ko ibikoresho bibungabunga umusaruro ngo utangirika mu bihe byashize hari aho byashyizwe hadakorewe igenzura. Ati: “Hari ibyagiye bijyaho ikoranabuhanga bikoresha, harimo gukoresha ingufu z’izuba byose ugasanga bifite ibibazo. Twakoze ibarura ryabyo dusanga hari ibyuma birenga 48 bifite ubushobozi bwo kuba byabika hafi toni 5000 bisaga, ku munsi”. Uwo muyobozi yavuze ko hafashwe ingamba zigamije kunoza uburyo bwo kwita ku musaruro aho ibyo byuma noneho bishyirwa ahakunze kuboneka umusaruro mwinshi. Yashimangiye ko hitabwa ku binyampeke n’ibindi byoherezwa mu mahanga bigakomeza kwitabwaho kugira ngo bitange umusaruro byitezweho. @RwandaAgriBoard @RwandaAgri
Sam Kabera tweet media
Indonesia
1
1
1
673
Sam Kabera
Sam Kabera@SamKabera·
𝐀𝐌𝐀𝐊𝐔𝐑𝐔 𝐀𝐆𝐄𝐙𝐖𝐄𝐇𝐎 =================== Kuri uyu wa 18 Werurwe 2026,Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly yashyikirije Bassirou Diomaye Faye uyobora Senegal ubutumwa bwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame. @nmukazayire @PR_Diomaye
Sam Kabera tweet mediaSam Kabera tweet mediaSam Kabera tweet mediaSam Kabera tweet media
Indonesia
1
0
0
968
Sam Kabera
Sam Kabera@SamKabera·
Kayonza: Imvura yasenye ibyumba 7 hanakomerekeramo umunyeshuri ====================== Muri @KayonzaDistrict ,umurenge wa Ndego,mu kagari ka Kiyovu,umudugudu wa Humure imvura yasenye ishuri rya EP Amahoro ADEPR na SEO,hakaba hasenyutse ibisenge by'ibyumba 7 hakaba hakomerekeyemo byoroheje umwana umwe wakomeretse mu mutwe ,yanahise agezwa kwa muganga,... Hanagurutse n'igisenge cy'urusengero rwa ADEPR narwo ruri aho hafi mu mudugudu wa Humure. @RwandaEmergency @Rwanda_Edu @Rwandapolice @NESA_Rwanda @ClaudetteIrere
Sam Kabera tweet mediaSam Kabera tweet mediaSam Kabera tweet mediaSam Kabera tweet media
Filipino
2
9
23
4.2K
ACP B Rutikanga
ACP B Rutikanga@RNPSpokesperson·
Mu mihanda yo mu Rwanda umuvuduko wo hejuru ntarengwa ni uwuhe?
Indonesia
80
32
247
35.2K
Oswald Oswakim
Oswald Oswakim@oswaki·
Imodoka yemerewe gutambuka mbere ni iyihe? Hagakurikiraho iyihe? Tugorobereze kuri uyu mwitozo.
Oswald Oswakim tweet media
Indonesia
184
3
103
31.1K
Sam Kabera
Sam Kabera@SamKabera·
#DRONES Rulindo: Nyuma yo kujyana Padiri mu nzererezi hari amakuru avugako hari n'umwarimu bajyanyeyo ====================== Ni amakuru #Drones zifite y'umwarimu wafashe ifoto akanabaza ikibazo aho Meya yari yagiye kumena inzoga mu murenge wa Burega aho kuri ubu bari mu nzira bavanywe kuri Sitasiyo ya Bushoki bajyanywe i Tare muri Transit Center,ejo ashobora no kugera iwawa,... Transit Centers akenshi bamwe mu bayobozi bakunda kuzifashisha nk'uburyo bwo kumvisha abantu kuko akenshi ntabwo ibyazo byubahiriza amategeko,... @Rwanda_Edu @RwandaLocalGov @PrimatureRwanda @RwandaParliamnt @RIB_Rw @Rwandapolice @rulindodistrict @gahundemaurice @Fredrwanda
Sam Kabera tweet media
Indonesia
19
4
33
10.7K