Sabitlenmiş Tweet
Dushime Evode (Gladiator OG)
28K posts

Dushime Evode (Gladiator OG)
@gladiator_1st
Entertainment Journalist @umunotanews Social Media Manager @umunotanews Contents creator. 🇷🇼🎶✍️
Katılım Ağustos 2020
239 Takip Edilen61.8K Takipçiler

🚨AKA KANYA🚨
The Ben yamaze kugera kuri hotel ya The Moven Pick iherereye mu Mujyi wa Kigali , aho uruganda rukora telefoni rwa Tecno rugiye gushyira ku isoko telefoni nshya ya Camon50. #UmunotaNews
Indonesia

🔴 | AMAVUBI DAY
Uwahoze ari umunyamakuru wa Siporo , Isimbi Christella ari mu batura Rwanda benshi berekeje kuri Stade Amahoro, gushyigikira ikipe y'Igihugu Amavubi.
Saa tatu, Amavubi y'u Rwanda arisobanura na Grenada mu mikino ya gicuti ya #FIFASERIES2026 ikomeje kubera i Kigali .#UmunotaNews


Indonesia

🔴 | Umunyarwenya Niyigena Isacal uzwi cyane nka "Isacal" muri Gen - Z Comedy Show, yasezeranye imbere y'amategeko n'umukunzi we Rosarie Gicanda Dushimumukiza , bamaze imyaka itatu bari mu munyenga w'urukundo.
Ni umuhango wabaye ku wa Kane, tariki ya 26 Werurwe 2026 mu Murenge wa Kinyinya wo mu Mujyi wa Kigali. #UmunotaNews



Indonesia

Ese agahigo ni iki?
🤣🤣🤣🤣🤣🤣
Bruh urutonde asanzeho abandi ntabwo babyitabguca agahigo.
Yagiye ku rutonde rw'abafite subscribers 1M.
Dushime Evode (Gladiator OG)@gladiator_1st
🔴 | Umukinnyi wa Filime Niyitegeka Gratien wamamaye nka Papa Sava yaciye agahigo ko kuzuza abamukurikira miliyoni ku muyoboro we wa Youtube. Uru rutonde Papa Sava arusanzeho abandi Banyarwanda babigezeho mbere ye barimo: Israel Mbonyi, Meddy, Murungi Sabin, ndetse na Dushimimana Jackson. #UmunotaNews Welcome to the Good Life. ✨
Indonesia

🔴 | Umukinnyi wa Filime Niyitegeka Gratien wamamaye nka Papa Sava yaciye agahigo ko kuzuza abamukurikira miliyoni ku muyoboro we wa Youtube.
Uru rutonde Papa Sava arusanzeho abandi Banyarwanda babigezeho mbere ye barimo: Israel Mbonyi, Meddy, Murungi Sabin, ndetse na Dushimimana Jackson. #UmunotaNews
Welcome to the Good Life. ✨



Filipino

🔴 | “Kuri jye, Perezida Kagame ni Intumwa y’Imana” imbamutima za Dr Claude kuri Perezida w’u Rwanda
Iyamuremye Jean Claude wamamaye mu ruhando rw’umuziki nka Dr. Claude yahishuye ko afata Perezida Kagame nk’Intumwa bitewe n’imiyoborere ye myiza.
Ibi uyu muhanzi yabitangaje mu kiganiro yahaye itangazamakuru nyuma yo gususurutsa abitabiriye igitaramo cy’urwenya cya Gen-Z Comedy Show, cyabaye mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 26 Werurwe 2026.
Nyuma y’iki gitaramo ubwo yaganiraga n’itangazamakuru Dr Claude yagize ati “Kuri jye, Perezida Paul Kagame ni Intumwa y’Imana , ni umubyeyi wacu, njye mba mufite ku mutima niyo mpamvu mba mwambaye buri munsi”
Doctor Claude yabajijwe uko Abarundi bakiriye indirimbo ye Aba Contre Succes yasubiyemo mu gihe cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu muri 2024 mu Rwanda , aho yamamazaga Perezida Paul Kagame , maze asubiza ashize amanga yemeza ko mu Rwanda ahafata nko mu rugo kandi ko ibyo abandi bavuga nta gaciro bifite.
↔️Soma inkuru irambuye: umunota.com/kuri-jye-perez…
✍️@gladiator_1st
#UmunotaNews




Indonesia
Dushime Evode (Gladiator OG) retweetledi

Minisitiri Dr. Bizimana yakebuye urubyiruko ruvuga ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bitarureba
Ministiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yakebuye urubyiruko rujya ruvuga ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bitarureba abibutsa ko kwibuka ari inshingano ihoraho.
Ibi Dr. Jean Damascène yabigarutseho ubwo yagezaga ikiganiro ku rubyiruko rwitabiriye igitaramo cy’urwenya cya Gen – Z Comedy Show cyabaye mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 26 Werurwe 2026.
↔️Soma inkuru irambuye: umunota.com/minisitiri-dr-…
✍️@gladiator_1st
#UmunotaNews




Indonesia

In my family my uncle resembles this man almost 100%. We grew up calling him Dr. Claude. That made fall in love and get to know this man's music. From Ubukene, Baramujyanye, Aba contre succes, Igikara, akabaju and other countless hits he has given us.
Doctor you are indeed our music legend, even at 46 years old he still delivers an A+ Performance.
Maximum Respect Big Brand. 🇷🇼🎶🔥

English

🔴 | Umuhanzi Dr Claude, yasusurukije abitabiriye igitaramo cy'urwenya cya Gen Z Comedy Show, binyuze mu ndirimbo ze zitandukanye zirimo: Igikara, Baramujyanye, Contre succes, n'izindi nyinshi. #UmunotaNews
Indonesia

🔴 | Umunyabigwi Cecile Kayirebwa ni umwe mu bitabiriye igitaramo cy'urwenya cya Gen Z Comedy Show, cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, tariki 26 Werurwe 2026. #UmunotaNews
Filipino

🔴 | Ministiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, yakebuye urubyiruko rujya ruvuga ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitarureba. #UmunotaNews
Indonesia

🔴 | Ministiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, @DrDamascene , yashyize umucyo ku mvugo ye yumviswe nabi aho yavuze ko muri Guverinoma ya Mbere n’iya Kabiri habagaho kugoreka Ikinyarwanda nkana ngo habeho gutandukanya Abanyarwanda. #UmunotaNews
Indonesia

🔴 | Umuhanzi Dr. Claude wakanyujijeho mu muziki Nyarwanda wo mu myaka 17 ishize , yamaze kugera mu ihema rya Camp Kigali, aho asusurutsa abitabiriye igitaramo cy'urwenya cya Gen Z Comedy Show. #UmunotaNews
Umunota@umunotanews
🔴AKA KANYA🔴 Ministiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene, ari kuganira n'urubyiruko rwitabiriye igitaramo cy'urwenya cya Gen Z Comedy Show. #UmunotaNews
Indonesia

🔴 | Umukinnyikazi wa Filime, Eliane Irakoze hamwe n'umukunzi we Dwayne Shemaryimanzi barimo kuririmba indirimbo ya Kivumbi King.♥️♥️
Aba bombi wabamenye muri filime y'uruhererekane yakunzwe cyane yitwa "Hurts Harder". #UmunotaNews

🔴 | Abahanzi babiri bakomeye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba bahurije hamwe imbaraga.
Umuhanzi Bien Aime uri mu bakomeye muri Kenya ndetse na Alikiba uri mu bakomeye muri Tanzania, bashyize hanze indirimbo nshya bakoranye bise “Finale”, iyi ndirimbo yagiye hanze mu buryo bw’amajwi n’amashusho , ku wa Gatatu, tariki 25 Werurwe 2026.
Iyi ndirimbo nshya “Finale” yagiye hanze, iri kuri Album Alusa Continua ya Bien Aime izajya hanze mu minsi ya vuba.
Iyi ndirimbo amajwi yayo yatunganyijwe n’abahanga mu gukora indirimbo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Hendrick Sam wo muri Kenya, ndetse na Abbah wo muri Tanzania, ni mu gihe amashusho yayo yakozwe na Omoke wo muri Kenya.
Finale ni indirimbo yitsa ku ihangana ririmo ubushuti ndetse no gushyira hamwe bitari uguhangana abantu basenyana. #UmunotaNews
Iyi ndirimbo niba wamaze kuyumva, wayiha angahe /10..!? 🇰🇪🎶🇹🇿

Filipino

🔴 | “Buri mwaka turikumwe uba ari ibihe byiza ntashaka ko birangira”
Umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, nka Tonzi, yifurije isabukuru nziza y’amavuko umugabo we, Alfred Gatarayiha.
Abinyujije kuri konti ya Instagram, Tonzi yasangije abamukurikira amafoto ye n’umugabo we, maze mu butumwa yayaherekesheje amwibutsa ko ari umugisha ku muryango we.
Ati “ Isabukuru nziza y’amavuko y’imyaka 50 mugabo wanjye, buri mwaka turikumwe uba ari ibihe byiza ntashaka ko birangira, uri umugisha ukomeye ku muryango wacu, turagukunda cyane”
Tonzi na Alfred barushinze mu Ukuboza kwa 2009, imyaka 17 ikaba ishize babana nk’umugabo n’umugore, Imana yahaye umugisha urugo rwabo aho bafitanye abana batatu. #UmunotaNews



Indonesia

🔴 | U Bufaransa: Umuraperi Maître Gims wishoye mu bikorwa byo kwanga u Rwanda yatawe muri yombi
Gandhi Alimasi Djuna ukomoka muri RDC wamamaye mu muziki nka Maître Gims, yatawe muri yombi aho akurikiranyweho icyaha cyo kunyereza amafaranga ndetse no kudasobanura inkomoko y’umutungo we.
Nkuko tubikesha ikinyamakuru, EuroNews uyu muraperi yatawe muri yombi ku wa Gatatu, tariki ya 25 Werurwe 2026, ubwo yari ageze ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Roissy-Charles-de-Gaulle Airport giherereye i Paris mu Bufaransa.
Gims akurikiranyweho inyerezwa ry’amafaranga rinyuze mu bigo mpuzamahanga birimo gutanga fagitire ziriho amafaranga adahwanye n’ayishyuwe by’ukuri, ndetse no kugira ibikorwa bihabanye n’umutungo umuntu yerekana cyangwa se ibyo yinjiza.
Muri iki kirego Maître Gims arareganwa n’abandi bantu batanu bahoze bacuruza ibiyobyabwenge mu Mujyi wa Paris.
Iperereza Maitre Gims arimo gukorwaho ryazamuwe ahanini n’umushinga w’ubwubatsi arimo gukora i Marrakech muri Morocco, uyu mushinga yafunguye ku mugaragarao muri 2025 ujyanye no kubaka inzu zo guturamo ndetse no gukodesha “Real Estate” , yise Sunset Village Private Residences ugizwe n’imiturirwa 118 y’akataraboneka “Villas” iri ku buso bungana na 3/4 by’uburebure bw’ikibuga cy’umupira cyemewe n’amategeko, aho iyi miturirwa irimo kubakwa hazaba harimo ibibuga byo gukiniraho, sauna, pisine, n’ibindi byinshi.
↔️Soma inkuru irambuye: umunota.com/u-bufaransa-um…
✍️@gladiator_1st
#UmunotaNews


Indonesia
